Bible Reader

  • Igitabo cy’Intangiriro AMATEKA YA KERA NA KARE
  • Igitabo cy’Iyimukamisiri IMANA YIMURA ABAYISRAHELI MU GIHUGU CYA MISIRI
  • Igitabo cy’Abalevi IMIHANGO Y’IBITAMBO
  • Igitabo cy’Ibarura IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Ivugururamategeko IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Yozuwe IJAMBO RY’ IBANZE
  • Igitabo cy’Abacamanza IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Ruta IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya mbere cya Samweli IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya kabiri cya Samweli IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya mbere cy’Abami IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya kabiri cy’Abami
  • Ibitabo by’Amateka — Ezira — Nehemiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya kabiri cy’Amateka IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Ezira IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Nehemiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibitabo by’ibisigo n’iby’Ubuhanga IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Zaburi IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Imigani IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Umubwiriza IJAMBO RY’IBANZE
  • Indirimbo Ihebuje IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Izayi IGICE CYA MBERE
  • Umuhanuzi Yeremiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Amaganya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Ezekiyeli IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Hozeya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Yoweli IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Amosi IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Obadiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Yonasi IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Mika IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Nahumu IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Habakuki IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Sofoniya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Hagayi IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Zakariya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Malakiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Tobi IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Yudita IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Esitera IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya mbere cy’Abamakabe I. UMUCO W’ABAGEREKI UKWIRA MU BIHUGU BYOSE
  • Igitabo cya kabiri cy’Abamakabe IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Ubuhanga I. UBUHANGA MU MIBEREHO YA MUNTU
  • Mwene Siraki IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Baruki IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Matayo IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Mariko IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Luka IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibyakozwe n’Intumwa IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyaroma
  • Ibaruwa ya mbere Pawulo intumwa yandikiye Abanyakorinti IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye Abanyakorinti IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyagalati IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyefezi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyafilipi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyakolosi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere Pawulo intumwa yandikiye Abanyatesaloniki IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye Abanyatesaloniki IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere Pawulo intumwa yandikiye Timote IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye Timote IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Tito IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Filemoni IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa yandikiwe Abahebureyi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya Yakobo IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere ya Petero IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri ya Petero IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere ya Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri ya Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya gatatu ya Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya Yuda IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Ibyahishuriwe Yohani intumwa IJAMBO RY’IBANZE


28

AMATEGEKO AGENGA IBITAMBO

Igitambo cya buri munsi

1Uhoraho abwira Musa, ati 2«Dore ibyo uzabwira Abayisraheli: Muzanzanire, mu gihe cyateganijwe, amaturo yanjye n’ibiribwa bifite impumuro yurura. 3Uzababwire kandi uti ’Dore ibiribwa muzamurikira Uhoraho: buri munsi, muzazana abana b’intama babiri, batagira inenge, bo guturwaho igitambo gitwikwa gihoraho. 4Umwana w’intama umwe uzaturwa mu gitondo, undi uturwe nimugoroba mu kabwibwi. 5Ibyo bizaherekezwa n’ituro ry’icyibo cy’ifu ivugishijwe kimwe cya kane cy’akabindi k’amavuta arongoroye y’imizeti isekuye. 6Ni igitambo gitwikwa kandi gihoraho, nk’uko cyaturwaga ku musozi wa Sinayi, kigizwe n’ibiribwa by’impumuro yurura Uhoraho. 7Ku gitambo giseswa, giherekeje umwana w’intama wa mbere, muzatura Uhoraho mu Ngoro ye, muzakoreshe kimwe cya kane cy’akabindi ka divayi ihiye. 8Umwana w’intama wa kabiri, uzaturwa nimugoroba mu kabwibwi. Ituro n’igitambo giseswa bizawuherekeza, bizaba ari bimwe n’ibya mu gitondo. Ibyo bizabera Uhoraho ibiribwa bifite impumuro imwurura.

Igitambo cyo ku munsi wa Sabato

9Ku munsi wa Sabato, muzatura abana b’intama babiri batagira inenge, hamwe n’ituro ry’utwibo tubiri tw’ifu ivugishijwe amavuta, n’igitambo giseswa cyategetswe. 10Icyo ni igitambo gitwikwa cyo kuri Sabato; kandi kikiyongera buri Sabato ku gitambo gihoraho n’igiseswa bya buri munsi.

Igitambo cyo ku munsi wa mbere w’ukwezi

11Mu ntangiriro ya buri kwezi, muzamurikira Uhoraho igitambo gitwikwa: ibimasa bibiri, isekurume y’intama imwe, abana b’intama barindwi b’umwaka umwe, kandi ayo matungo yose akazaba atagira inenge. 12Kuri buri kimasa, muzazana ituro ry’utwibo dutatu tw’ifu ivugishijwe amavuta, ku isekurume y’intama muzazane ituro ry’utwibo tubiri tw’ifu ivugishijwe amavuta, 13kuri buri mwana w’intama na ho, muzane ituro ry’icyibo cy’ifu ivugishijwe amavuta. Ni igitambo gitwikwa gifite impumuro yurura, ni ibiribwa by’Uhoraho. 14Ibitambo biseswa byategetswe ni ibi: kimwe cya kabiri cy’akabindi ka divayi kuri buri kimasa, kimwe cya gatatu cy’akabindi ka divayi kuri buri sekurume y’intama, na kimwe cya kane cy’akabindi ka divayi kuri buri mwana w’intama. Icyo ni cyo gitambo gitwikwa cyo ku mboneko z’ukwezi, muzajya mugitura mu ntangiriro y’amezi yose y’umwaka. 15Byongeye kandi muzatura Uhoraho isekurume y’ihene ho igitambo cy’impongano y’icyaha. Izaturwa, maze yiyongere ku gitambo gihoraho n’igiseswa bya buri munsi.

Igitambo cyo ku munsi mukuru wa Pasika28.15 Pasika, n’imigati idasembuye: reba Iyim 12,43—13.10; Lev 23,4–8 n’igisobanuro.

16Ku munsi wa cumi na kane w’ukwezi kwa mbere, muzizihiza Pasika yo guhesha Uhoraho icyubahiro. 17Umunsi wa cumi na gatanu w’uko kwezi, ni umunsi w’ibirori. Muzamara iminsi irindwi murya imigati idasembuye. 18Ku munsi wa mbere, muzagira iteraniro ritagatifu, kandi ntimuzagire umurimo unaniza mukora. 19Dore ibiribwa bitwikwa muzatura Uhoraho: ibimasa bibiri, isekurume y’intama imwe, n’abana b’intama barindwi b’umwaka umwe. Muzahitemo kandi amatungo atagira inenge. 20Ibyo byose bizaherekezwa n’ituro ryategetswe ry’ifu ivugishijwe amavuta. Kuri buri kimasa muzatanga utwibo dutatu tw’ifu, naho kuri buri sekurume y’intama mutange utwibo tubiri. 21Ba bana b’intama na bo, kuri umwe muzatanga akebo kamwe k’ifu. 22Muzongereho kandi isekurume y’ihene ituweho igitambo cy’impongano y’icyaha, kugira ngo mukore umuhango ubahanaguraho icyaha. 23Ibyo byose bizakorwa bisanga cya gitambo gitwikwa cya mu gitondo, ari na cyo gitambo gitwikwa gihoraho. 24Buri munsi muri cya gihe cy’iminsi irindwi, muzatura Uhoraho ibiribwa bifite impumuro imwurura. Muzabitura bisanga cya gitambo gihoraho n’igiseswa bya buri munsi. 25Ku munsi wa karindwi muzagira iteraniro ritagatifu, kandi ntimuzagire umurimo unaniza mukora.

Igitambo cyo ku munsi w’umuganura28.25 umunsi w’umuganura: reba Iyim 23,16; 34,22 na Lev 23,15–21.

26Ku munsi w’umuganura, nimumurikira Uhoraho ituro ry’umusaruro w’uwo mwaka, muzagire iteraniro ritagatifu, kandi ntihazagire umurimo unaniza mukora. 27Muzatura Uhoraho igitambo gitwikwa gifite impumuro yurura, kandi kigizwe n’ibi bikurikira: ibimasa bibiri, isekurume y’intama imwe, n’abana b’intama barindwi b’umwaka umwe, 28byose biherekezwe n’ituro ryategetswe ry’ifu ivugishijwe amavuta. Kuri buri kimasa muzatanga utwibo dutatu tw’ifu, no kuri buri sekurume y’intama mutange utwibo tubiri tw’ifu. 29Ba bana b’intama na bo, kuri umwe muzatanga akebo kamwe k’ifu. 30Muzongeraho kandi n’isekurume y’ihene yo gukora umuhango ubahanaguraho icyaha. 31Ibyo byose bizaturanwa n’ibitambo biseswa, bize bisanga igitambo gihoraho n’ituro rigiherekeza; muzahitamo amatungo atagira inenge.

All rights are reserved to the Biblesociety of Rwanda