Bible Reader

  • Igitabo cy’Intangiriro AMATEKA YA KERA NA KARE
  • Igitabo cy’Iyimukamisiri IMANA YIMURA ABAYISRAHELI MU GIHUGU CYA MISIRI
  • Igitabo cy’Abalevi IMIHANGO Y’IBITAMBO
  • Igitabo cy’Ibarura IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Ivugururamategeko IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Yozuwe IJAMBO RY’ IBANZE
  • Igitabo cy’Abacamanza IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Ruta IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya mbere cya Samweli IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya kabiri cya Samweli IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya mbere cy’Abami IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya kabiri cy’Abami
  • Ibitabo by’Amateka — Ezira — Nehemiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya kabiri cy’Amateka IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Ezira IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Nehemiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibitabo by’ibisigo n’iby’Ubuhanga IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Zaburi IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Imigani IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Umubwiriza IJAMBO RY’IBANZE
  • Indirimbo Ihebuje IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Izayi IGICE CYA MBERE
  • Umuhanuzi Yeremiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Amaganya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Ezekiyeli IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Hozeya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Yoweli IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Amosi IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Obadiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Yonasi IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Mika IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Nahumu IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Habakuki IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Sofoniya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Hagayi IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Zakariya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Malakiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Tobi IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Yudita IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Esitera IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya mbere cy’Abamakabe I. UMUCO W’ABAGEREKI UKWIRA MU BIHUGU BYOSE
  • Igitabo cya kabiri cy’Abamakabe IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Ubuhanga I. UBUHANGA MU MIBEREHO YA MUNTU
  • Mwene Siraki IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Baruki IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Matayo IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Mariko IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Luka IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibyakozwe n’Intumwa IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyaroma
  • Ibaruwa ya mbere Pawulo intumwa yandikiye Abanyakorinti IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye Abanyakorinti IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyagalati IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyefezi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyafilipi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyakolosi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere Pawulo intumwa yandikiye Abanyatesaloniki IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye Abanyatesaloniki IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere Pawulo intumwa yandikiye Timote IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye Timote IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Tito IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Filemoni IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa yandikiwe Abahebureyi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya Yakobo IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere ya Petero IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri ya Petero IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere ya Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri ya Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya gatatu ya Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya Yuda IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Ibyahishuriwe Yohani intumwa IJAMBO RY’IBANZE


24

1Balamu abona ko Uhoraho yishimiye guha umugisha Abayisraheli, maze ntiyongera kwivuna abaririza icyo Uhoraho ashaka, ahubwo arahindukira yirebera mu butayu. 2Balamu yubuye amaso, abona Abayisraheli bashinze ingando, buri nzu iri ukwayo. Umwuka w’Imana umusakaramo, 3maze abahanurira muri iki gisigo, agira ati:

«Arabivuze Balamu mwene Bewori, arabivuze umugabo ureba akageza kure,

4arabivuze uwumva amagambo y’Uhoraho,

akabona ibyo Uhoraho amweretse,

maze yaba yatwawe mu Mana,

amaso ye agafunguka!

5Mbega amahema yawe, Yakobo, ngo araba meza,

kimwe n’ingando zawe, Israheli;

6ameze nk’amazi atemba ava mu isumo,

ameze nk’ubusitani bwo ku nkombe y’uruzi,

ameze nk’imisaga yiterewe n’Uhoraho,

cyangwa amasederi yo ku nkombe y’umugezi.

7Ni nk’amazi yarenze imiyoboro,

agasendera mu mbuto.

Umwami wa Israheli24.7 Umwami wa Israheli: Abayisraheli bazitorera umwami nyuma y’imyaka magana abiri. Abatsinze umwami Agagi w’Abamaleki ni babiri: Sawuli na Dawudi (reba 1 Sam 15,8; na 30). Twakeka ko bongeye uwo murongo ku gisigo ibyo byose bimaze kuba. azaganza Agagi,

maze ingoma ye isagambe.

8Imana yamwikuriye mu Misiri

afite imbaraga nk’iz’imbogo.

Azayogoza amahanga y’ababisha,

abakonyagure amagufa,

abahamye imyambi ye.

9Aca bugufi, akabyagira nk’intare:

ni nde wabyutsa iyo nyamaswa y’inkazi?

Arahirwa uzaguha umugisha,

kandi uzakuvuma na we azabe ikivume!»

10Balaki arakarira Balamu, maze akubita agatoki ku kandi avuga ati «Naguhamagariye kumvumira ababisha, none dore bubaye ubwa gatatu ubasenderezaho imigisha! 11Niba ari ibyo byawe, genda usubire mu gihugu cyawe! Nari nemeye kuguhemba bishimishije, none dore Uhoraho arabikuvukije.»

Balamu ahanura ikuzo rya Israheli

12Balamu asubiza Balaki, ati «Nta bwo se nari nabwiye intumwa wanyoherereje nti 13’N’aho Balaki yampa feza na zahabu byakuzura inzu ye, sinshobora guca ku itegeko ry’Uhoraho ngo mpamagare ikibi cyangwa icyiza ku bushake bwanjye! Nzavuga icyo Uhoraho azambwira.’ 14None rero ubu ndagiye, nsubiye mu banjye. Ariko igira hino, nkubwire uko uriya muryango uzagenzereza uwawe mu gihe kiri imbere.» 15Nuko abahanurira muri iki gisigo, agira ati:

«Ndabivuze Balamu mwene Bewori, ndi umugabo ureba nkitegereza,

16amagambo y’Imana ni jyewe abwirwa

kandi ntunze ubwenge nahawe n’Umushoborabyose.

Iyo nsenze cyane ngatwarwa, amaso yanjye agafunguka,

ndangamira ibyo Ushoborabyose anyeretse:

17ibizaba ndabyiyumvira, nyamara si ibya vuba,

ndabyitegereza ariko ntibindi bugufi:

mu nzu ya Yakobo hazavuka inyenyeri24.17 hazavuka inyenyeri: mu bihugu — by’iyo ngiyo bavugaga ko umwami wimye ari izuba rirashe.,

mu muryango wa Israheli hazaboneka inkoni y’ubwami

izamenagura imitwe y’abatuye Mowabu,

inatsembe bene Seti bose.

18Edomu izatsindwa, inyagwe;

nayo Seyiri, ababisha bazayigabiza.

Israheli igiye kugaragaza imbaraga zayo!

19Mu nzu ya Yakobo hazaduka umutware

uzatsemba ababisha basigaye mu mugi wabo.

Balamu ahanura urupfu rw’abanzi ba Israheli

20Balamu arongera areba Abamaleki, maze abahanurira muri iki gisigo, agira ati:

«Amaleki ni igihangange mu mahanga,

ariko amaherezo yayo ni ukurimburwa.»

21Arongera areba Abakeniti, maze abahanurira muri iki gisigo, agira ati

«Amazu yawe arakomeye,

n’icyari cyawe cyubatse ku rutare.

22Ariko Kayini azakongorwa n’indimi z’umuriro,

nibishyira kera Ashuru ibagire imfungwa.»

23Arongera ahanurira muri iki gisigo, agira ati

«Mbega ibyago! Ni nde uzarokoka ukuboko kw’Uhoraho?

24Dore amato araje avuye i Kitimu . . .

Abanzi bazakandamiza Ashuru na Eberi;

ariko na bo ubwabo imbere yabo hari imanga.»

25Birangiye Balamu arigendera asubira mu gihugu cye, Balaki na we anyura inzira ye, arataha.

All rights are reserved to the Biblesociety of Rwanda