Bible Reader

  • Igitabo cy’Intangiriro AMATEKA YA KERA NA KARE
  • Igitabo cy’Iyimukamisiri IMANA YIMURA ABAYISRAHELI MU GIHUGU CYA MISIRI
  • Igitabo cy’Abalevi IMIHANGO Y’IBITAMBO
  • Igitabo cy’Ibarura IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Ivugururamategeko IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Yozuwe IJAMBO RY’ IBANZE
  • Igitabo cy’Abacamanza IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Ruta IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya mbere cya Samweli IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya kabiri cya Samweli IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya mbere cy’Abami IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya kabiri cy’Abami
  • Ibitabo by’Amateka — Ezira — Nehemiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya kabiri cy’Amateka IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Ezira IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Nehemiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibitabo by’ibisigo n’iby’Ubuhanga IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Zaburi IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Imigani IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Umubwiriza IJAMBO RY’IBANZE
  • Indirimbo Ihebuje IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Izayi IGICE CYA MBERE
  • Umuhanuzi Yeremiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Amaganya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Ezekiyeli IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Hozeya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Yoweli IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Amosi IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Obadiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Yonasi IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Mika IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Nahumu IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Habakuki IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Sofoniya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Hagayi IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Zakariya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Malakiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Tobi IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Yudita IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Esitera IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya mbere cy’Abamakabe I. UMUCO W’ABAGEREKI UKWIRA MU BIHUGU BYOSE
  • Igitabo cya kabiri cy’Abamakabe IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Ubuhanga I. UBUHANGA MU MIBEREHO YA MUNTU
  • Mwene Siraki IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Baruki IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Matayo IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Mariko IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Luka IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibyakozwe n’Intumwa IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyaroma
  • Ibaruwa ya mbere Pawulo intumwa yandikiye Abanyakorinti IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye Abanyakorinti IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyagalati IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyefezi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyafilipi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyakolosi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere Pawulo intumwa yandikiye Abanyatesaloniki IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye Abanyatesaloniki IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere Pawulo intumwa yandikiye Timote IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye Timote IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Tito IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Filemoni IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa yandikiwe Abahebureyi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya Yakobo IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere ya Petero IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri ya Petero IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere ya Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri ya Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya gatatu ya Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya Yuda IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Ibyahishuriwe Yohani intumwa IJAMBO RY’IBANZE


10

Impanda za feza

1Uhoraho abwira Musa, ati 2«Koresha impanda ebyiri uzicurishe muri feza. Uzazifashisha uhamagara imbaga cyangwa uhagurutsa ingando. 3Nibavuza izo mpanda, imbaga yose izakoranira iruhande rwawe ku muryango w’ihema ry’ibonaniro. 4Nihavuga imwe gusa, abatware b’imiryango bonyine ni bo bazakoranira iruhande rwawe. 5Nibavuza mu ijwi riranguruye, ingando z’iburasirazuba zizagenda.

6Nibavuza ubwa kabiri mu ijwi riranguruye, ingando zo mu majyepfo zizagenda. Ingando zose zizahagurutswa n’ijwi riranguruye. 7Naho mu guhamagaza imbaga, muzavuza mu ijwi rirongoroye, ariko ritaranguruye. 8Abaherezabitambo ari bo bahungu ba Aroni ni bo bonyine bazavuza izo mpanda. Ibyo bibabere itegeko ridakuka kuri mwebwe no ku bazabakomokaho.

9Umwanzi nabatera mu gihugu cyanyu, mukajya kumurwanya, mujye muvuza izo mpanda mu ijwi riranguruye. Bityo Uhoraho Imana azabibuka maze abakize ababisha banyu. 10Ku munsi w’ibyishimo, uw’ibirori na buri wa mbere w’ukwezi, muzavuza izo mpanda kugira ngo amajwi yazo aherekeze ibitambo byanyu bitwikwa cyangwa by’ubuhoro; ibyo bizatuma Imana yanyu ibibuka. Ndi Uhoraho Imana yanyu.»

ABAYISRAHELI BAVA KURI SINAYI BEREKEZA MU BIBAYA BYA MOWABU

Uko imiryango ya Israheli yakurikiranaga mu igenda

11Mu mwaka wa kabiri, ku munsi wa makumyabiri w’ukwezi kwa kabiri, igicu kizamuka kiva ku ihema ry’ibonaniro. 12Abayisraheli bahaguruka mu butayu bwa Sinayi, buri muryango ukwawo, maze igicu gihagarara mu butayu bwa Parani. 13Bwari ubwa mbere bahaguruka ku itegeko ry’Uhoraho bari bagejejweho na Musa.

14Habanje kugenda abari mu ngando ya bene Yuda, n’imitwe y’ingabo zabo. Ingabo za bene Yuda zategekwaga na Nashoni mwene Aminadabu. 15Ingabo za bene Isakari zategekwaga na Netaneli mwene Shuwari. 16Naho ingabo za bene Zabuloni zigategekwa na Eliyabu mwene Heloni. 17Ingoro y’Uhoraho barayiremura, bene Gerishoni na bene Merari bagenda bayihetse.

18Abari mu ngando ya Rubeni na bo bahagurukana n’imitwe y’ingabo zabo. Ingabo za bene Simewoni zategekwaga na Elishuru mwene Shedewuru. 19Ingabo za bene Simewoni zategekwaga na Shelumiyeli mwene Shurishadayi. 20Naho ingabo za bene Gadi zigategekwa na Eliyasafu mwene Dewuyeli.

21Hakurikiraho Abakehati, bagenda bikoreye ibikoresho bitagatifu. Abandi bose bababanza imbere, kuko bagombaga gushinga Ingoro Abakehati batarahagera.

22Hongera gukurikiraho abari mu ngando ya bene Efurayimu, n’imitwe y’ingabo zabo. Ingabo za bene Efurayimu zategekwaga na Elishama mwene Amihudi. 23Ingabo za bene Manase zategekwaga na Gameliyeli mwene Pedashuri. 24Naho ingabo za bene Benyamini zategekwaga na Avidani mwene Gidewoni.

25Nyuma iyaherutse izindi zose, ni ingando ya bene Dani, n’imitwe y’ingabo zayo. Ingabo za bene Dani zategekwaga na Ahiyezeri mwene Amishadayi. 26Ingabo za bene Asheri zategekwaga na Pagiyeli, mwene Okrani. 27Naho ingabo za bene Nefutali zigategekwa na Ahira mwene Eyinani.

28Uko ni ko Abayisraheli bahagurutse n’imitwe y’ingabo zabo, nuko baragenda.

Musa ashaka uzabayobora mu rugendo

29Musa abwira Hobabu mwene Rewuyeli w’Umumadiyani, ari we sebukwe, ati «Tugiye mu gihugu Uhoraho yadusezeranije, agira ati ’Ndakibahaye’. None, ngwino tujyane, tuzasangire ihirwe Uhoraho yasezeranije Israheli.» 30Hobabu aramusubiza ati «Ntituzajyana, ndifuza gusubira mu gihugu cyanjye, muri bene wacu.» 31Musa arongera ati «Widutererana! Kuko wowe uzi ahantu twashobora gushinga ingando mu butayu, uzatuyobore inzira. 32Kandi nuza tukajyana, ihirwe Uhoraho azatugirira, uzaribonaho.»

33Ubwo bava ku musozi w’Uhoraho, bafata urugendo rw’iminsi itatu. Ubushyinguro bw’Isezerano ry’Uhoraho bwabagendaga10.33 ubushyinguro … bwabagendaga imbere: kimwe n’igicu (9.15) byerekana ko Imana ubwayo ari yo muyobozi w’umuryango wayo mu rugendo barimo. imbere, kugira ngo bubashakire ahantu bashoboraga gushinga ingando. 34Igicu cy’Uhoraho cyabatwikiraga ku manywa, iyo babaga bavuye mu ngando.

35Iyo ubushyinguro bwahagurukaga, Musa yaravugaga, ati «Haguruka Nyagasani, abanzi bawe batatane, abakurwanya bahunge kure yawe!» 36Igicu cyahagarara, akavuga ati «Garuka, Nyagasani, uture mu mbaga nyamwinshi y’Abayisraheli!»

All rights are reserved to the Biblesociety of Rwanda