Bible Reader

  • Igitabo cy’Intangiriro AMATEKA YA KERA NA KARE
  • Igitabo cy’Iyimukamisiri IMANA YIMURA ABAYISRAHELI MU GIHUGU CYA MISIRI
  • Igitabo cy’Abalevi IMIHANGO Y’IBITAMBO
  • Igitabo cy’Ibarura IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Ivugururamategeko IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Yozuwe IJAMBO RY’ IBANZE
  • Igitabo cy’Abacamanza IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Ruta IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya mbere cya Samweli IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya kabiri cya Samweli IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya mbere cy’Abami IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya kabiri cy’Abami
  • Ibitabo by’Amateka — Ezira — Nehemiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya kabiri cy’Amateka IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Ezira IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Nehemiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibitabo by’ibisigo n’iby’Ubuhanga IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Zaburi IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Imigani IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Umubwiriza IJAMBO RY’IBANZE
  • Indirimbo Ihebuje IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Izayi IGICE CYA MBERE
  • Umuhanuzi Yeremiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Amaganya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Ezekiyeli IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Hozeya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Yoweli IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Amosi IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Obadiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Yonasi IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Mika IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Nahumu IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Habakuki IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Sofoniya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Hagayi IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Zakariya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Malakiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Tobi IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Yudita IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Esitera IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya mbere cy’Abamakabe I. UMUCO W’ABAGEREKI UKWIRA MU BIHUGU BYOSE
  • Igitabo cya kabiri cy’Abamakabe IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Ubuhanga I. UBUHANGA MU MIBEREHO YA MUNTU
  • Mwene Siraki IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Baruki IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Matayo IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Mariko IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Luka IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibyakozwe n’Intumwa IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyaroma
  • Ibaruwa ya mbere Pawulo intumwa yandikiye Abanyakorinti IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye Abanyakorinti IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyagalati IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyefezi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyafilipi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyakolosi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere Pawulo intumwa yandikiye Abanyatesaloniki IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye Abanyatesaloniki IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere Pawulo intumwa yandikiye Timote IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye Timote IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Tito IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Filemoni IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa yandikiwe Abahebureyi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya Yakobo IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere ya Petero IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri ya Petero IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere ya Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri ya Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya gatatu ya Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya Yuda IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Ibyahishuriwe Yohani intumwa IJAMBO RY’IBANZE


43

Benyamini ajyana n’abavandimwe be mu Misiri

1Inzara mu gihugu irabiyogoza. 2Bamaze ingano bari bavanye mu Misiri, se arababwira, ati «Nimusubireyo, muduhahire icyadutunga.» 3Yuda aramusubiza, ati «Wa mugabo yaratwihanangirije, ngo ’Ntimuzanca iryera, nimutazana murumuna wanyu.’ 4Nutwohereza turi kumwe n’umuhererezi wacu, tuzajyayo guhaha; 5ariko nutamwohereza ntituzajyayo, kuko uwo mugabo yatubwiye ati ’Ntimuzanca iryera, nimutazana na murumuna wanyu.’»

6Israheli arababaza, ati «Ni iki cyatumye mungirira nabi mutyo, mujya kumenyesha uwo mugabo ko mufite undi muvandimwe?» 7Baramusubiza, bati «Uwo mugabo yaduhase ibibazo byinshi bitwerekeyeho, byerekeye n’umuryango wacu, avuga ati ’So aracyariho? Ese hari umuvandimwe wundi mugira?’ Natwe twagombye kumusubiza uko atubajije. Twashoboraga kumenya dute ko aza kutubwira, ati ’Muzamanukane murumuna wanyu’? 8Yuda abwira se, Israheli, ati «Reka umwana mujyane. Duhaguruke tugende, tubeho tutazicwa n’inzara, nawe n’utwana twacu. 9Jyewe ndamwishingiye, uzamumbaze. Nintamukugarurira ngo mugushyikirize, nzaba ngucumuyeho bitazamvaho. 10Iyo tudatindiganya dutya, ubu tuba tuvuyeyo kabiri.

11Se Israheli ariyamirira, ati «Ubwo ari uko bimeze, nimugenze mutya: nimujyane mu mifuka yanyu imbuto zo muri iki gihugu ziruta izindi ubwiza, muzishyire uwo mugabo, muzimuture. Mujyane utubavu, ubuki, amakakama yosa, ishangi, n’ubunyobwa n’ibindi nk’ibyo. 12Kandi mujyane na feza z’ingereka, hamwe na feza zagarutse mu mifuka yanyu; ahari ni amazinda yatumye zigaruka. 13Mujyane na murumuna wanyu, muhaguruke musubire kuri uwo mugabo. 14Imana Nyir’ububasha izabahe kubabarirwa n’uwo mugabo, azabareke mutahane na mwene so wundi, na Benyamini! Jyeweho ngiye gusigara nta mwana, nk’aho nta bo nigeze.»

Yozefu akorera abavandimwe be umunsi mukuru

15Abo bagabo benda ayo maturo bajyana feza z’ingereka, bajyana na Benyamini. Nuko barahaguruka, bamanuka basubiza iya Misiri. Bahinguka imbere ya Yozefu. 16Yozefu ngo abone Benyamini ari kumwe na bo, abwira igisonga cye, ati «Injiza aba bantu mu nzu yanjye, ubage, utegure ibyo kurya, kuko nza gusangira na bo.» 17Uwo mugabo akora ibyo Yozefu yamutegetse. Yinjiza abo bagabo mu nzu ya Yozefu.

18Ubwoba burabataha, babonye ko babinjije mu nzu ya Yozefu. Baribwira bati «Turazira feza bashyize mu mifuka yacu igihe duheruka ino. Baratujyanye hamwe n’indogobe zacu ngo batwiroheho, batugirire nabi, tubabere abacakara.» 19Nuko begera cya gisonga cya Yozefu, bageze ku muryango iwe baravuga bati 20«Shobuja, mbere twaramanutse tuje guhaha; 21tugeze ku icumbi, duhambura imifuka yacu, umuntu wese asanga feza ze ziri hejuru y’ingano. Izo feza zacu dusanga zingana uko zanganaga, none turazigaruye, 22kandi tuzanye izindi feza zo guhaha. Nta bwo tuzi uwashubije feza za mbere mu mifuka yacu.» 23Arabasubiza ati «Mushyitse umutima mu nda, ntimugire ubwoba. Imana yanyu, Imana ya so yashyize ubukungu mu mifuka yanyu. Feza zanyu nari nazibonye.» Nuko asohora Simewoni, aramubazanira. 24Nuko uwo mugabo abinjiza mu nzu ya Yozefu, abahereza amazi, boga ibirenge, aha ubwatsi indogobe zabo. 25Begeranya amaturo kugira ngo Yozefu naza ku manywa bayamuture, kuko bari bumvise ko bari buze kuhasangirira.

26Yozefu yinjira mu nzu, bamutura amaturo bari bafite. Hanyuma bamuramutsa bubitse umutwe ku butaka. 27Yozefu ababaza uko bameze. Arongera ati «So, wa musaza mwavugaga, aracyariho? Ni muzima?» 28Baramusubiza bati «Data, umugaragu wawe, aracyariho; ni muzima.» Hanyuma barapfukama baramwunamira.

29Yozefu yubura amaso abona Benyamini murumuna we, mwene nyina. Arababaza ati «Uyu ni we murumuna wanyu w’umuhererezi mwambwiye?» Hanyuma ati «Imana ikugirire ubuntu, mwana wanjye.» 30Nuko Yozefu amaze kubona murumuna we, agira ikiniga, asohoka vuba vuba, yinjira mu cyumba cye, araturika ararira.

31Amaze kwiyuha amarira, aragaruka, arikomeza, maze aravuga ati «Nimuhereze ibyo gufungura.» 32Bamuhereza ukwe, babahereza ukwabo. Abanyamisiri basangiraga na Yozefu babahereza ukwabo; ntibashoboraga gusangira n’Abahebureyi: kuri bo ryaba ari ishyano mu Misiri. 33Babicaza imbere ye, umukuru mu mwanya w’ubukuru bwe, umuhererezi mu mwanya w’ubuhererezi: bararebana baratangara. 34Yozefu ategeka ko babaha ku biryo byari imbere ye. Igaburo rya Benyamini barikuba incuro eshanu. Baranywa baranezerwa, hamwe na we.

All rights are reserved to the Biblesociety of Rwanda