Bible Reader

  • Igitabo cy’Intangiriro AMATEKA YA KERA NA KARE
  • Igitabo cy’Iyimukamisiri IMANA YIMURA ABAYISRAHELI MU GIHUGU CYA MISIRI
  • Igitabo cy’Abalevi IMIHANGO Y’IBITAMBO
  • Igitabo cy’Ibarura IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Ivugururamategeko IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Yozuwe IJAMBO RY’ IBANZE
  • Igitabo cy’Abacamanza IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Ruta IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya mbere cya Samweli IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya kabiri cya Samweli IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya mbere cy’Abami IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya kabiri cy’Abami
  • Ibitabo by’Amateka — Ezira — Nehemiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya kabiri cy’Amateka IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Ezira IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Nehemiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibitabo by’ibisigo n’iby’Ubuhanga IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Zaburi IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Imigani IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Umubwiriza IJAMBO RY’IBANZE
  • Indirimbo Ihebuje IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Izayi IGICE CYA MBERE
  • Umuhanuzi Yeremiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Amaganya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Ezekiyeli IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Hozeya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Yoweli IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Amosi IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Obadiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Yonasi IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Mika IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Nahumu IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Habakuki IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Sofoniya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Hagayi IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Zakariya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Malakiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Tobi IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Yudita IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Esitera IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya mbere cy’Abamakabe I. UMUCO W’ABAGEREKI UKWIRA MU BIHUGU BYOSE
  • Igitabo cya kabiri cy’Abamakabe IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Ubuhanga I. UBUHANGA MU MIBEREHO YA MUNTU
  • Mwene Siraki IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Baruki IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Matayo IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Mariko IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Luka IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibyakozwe n’Intumwa IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyaroma
  • Ibaruwa ya mbere Pawulo intumwa yandikiye Abanyakorinti IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye Abanyakorinti IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyagalati IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyefezi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyafilipi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyakolosi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere Pawulo intumwa yandikiye Abanyatesaloniki IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye Abanyatesaloniki IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere Pawulo intumwa yandikiye Timote IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye Timote IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Tito IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Filemoni IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa yandikiwe Abahebureyi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya Yakobo IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere ya Petero IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri ya Petero IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere ya Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri ya Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya gatatu ya Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya Yuda IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Ibyahishuriwe Yohani intumwa IJAMBO RY’IBANZE


33

Yakobo ahura na Ezawu

1Yakobo ngo yubure amaso, abona Ezawu aje aherekejwe n’abantu magana ane. Abana abaha Leya na Rasheli n’abaja bombi. 2Abaja n’abana babo bajya imbere, hakurikiraho Leya n’abana be, hanyuma hakurikiraho Rasheli na Yozefu. 3Naho we abarangaza imbere, yunama karindwi ku butaka, arinda agera kuri Ezawu mukuru we. 4Ezawu amusanganira n'ingoga, amugwa mu nda, aramuhobera, aranamusoma, nuko bombi baraturika bararira. 5Ezawu yubura amaso abona abagore n’abana, hanyuma arabaza ati «Bariya mupfana iki?» Yakobo ati «Ni abana Imana yahaye umugaragu wawe.» 6Nuko abaja n’abana babo baregera, barapfukama. 7Leya na we araza hamwe n’abana be, barapfukama. Hanyuma haza Rasheli na Yozefu, na bo barapfukama.

8Ezawu aravuga ati «Iriya nkambi yose twahuye ni iy’iki?» Yakobo ati «Ni ukugira ngo databuja andebe neza.» 9Ezawu ati «Ibyo mfite birampagije, muvandimwe, ibyawe bigume bibe ibyawe!» 10Yakobo ati «Reka da! Niba undebye neza, urakira amaturo nguhaye, kuko nabonye amaso yawe nk’uko umuntu abona mu maso h’Imana, maze ukanyakira neza. 11Akira rero amaturo nakugejejeho, kuko Imana yankungahaje, nkaba nta cyo mbuze.» Aramuhata, undi aremera.

12Ezawu ati «Ngwino tugende, ndakugenda iruhande.» 13Yakobo ati «Databuja azi ko abana ari ngombwa kubitondesha, kandi ko ngomba kwita ku ntama, n’inka z’imbyeyi. Uwazihutisha n’umunsi n’umwe, amatungo yose yashira. 14Databuja rero nangende imbere, jye ndaza nitonze, nkurikije ingendo y’amatungo nshoreye n’intambwe y’abana turi kumwe, kugeza igihe tuzagerera iwawe i Seyiri.» 15Ezawu ati «Reka se, ahubwo ngusigire bamwe mu bantu banjye turi kumwe.» Yakobo ati «Ni ab’iki? Mfa kubona gusa ubugwaneza bwa databuja!»

16Uwo munsi nyine, Ezawu ni ko gufata inzira ye, yisubirira i Seyiri. 17Naho Yakobo agenda agana ahitwa Sukoti33.17 ahitwa Sukoti: n’ubwo Ezawu yari yagiriye murumuna we imbabazi, Yakobo yakomeje kumutinya. Aho kumukurikira mu majyepfo nk’uko yari yabimwemereye, Yakobo yahisemo kwerekeza mu burengerazuba, amanuka mu kibaya cya Yorudani, (reba ku ikarita ya 4 aho Sukoti iherereye).; ahubaka inzu, ahubaka n’ibiraro by’amatungo ye. Ni cyo cyatumye aho hantu ahita Sukoti (bisobanura ngo «ibiraro».)

Yakobo atura hafi y’i Sikemu

18Yakobo avuye mu kibaya cya Aramu, agaruka amahoro ku mugi wa Sikemu, uri mu gihugu cya Kanahani. Nuko aca ingando imbere y’umugi. 19Agura umurima aho ngaho i Sikemu, aho yari yashinze ingando; awugura ibiceri ijana bya feza na bene Hamori, se wa Sikemu nyine. 20Ahubaka urutambiro arwita ’El, Imana ya Israheli’.

All rights are reserved to the Biblesociety of Rwanda