Bible Reader

  • Igitabo cy’Intangiriro AMATEKA YA KERA NA KARE
  • Igitabo cy’Iyimukamisiri IMANA YIMURA ABAYISRAHELI MU GIHUGU CYA MISIRI
  • Igitabo cy’Abalevi IMIHANGO Y’IBITAMBO
  • Igitabo cy’Ibarura IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Ivugururamategeko IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Yozuwe IJAMBO RY’ IBANZE
  • Igitabo cy’Abacamanza IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Ruta IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya mbere cya Samweli IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya kabiri cya Samweli IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya mbere cy’Abami IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya kabiri cy’Abami
  • Ibitabo by’Amateka — Ezira — Nehemiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya kabiri cy’Amateka IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Ezira IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Nehemiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibitabo by’ibisigo n’iby’Ubuhanga IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Zaburi IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Imigani IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Umubwiriza IJAMBO RY’IBANZE
  • Indirimbo Ihebuje IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Izayi IGICE CYA MBERE
  • Umuhanuzi Yeremiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Amaganya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Ezekiyeli IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Hozeya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Yoweli IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Amosi IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Obadiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Yonasi IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Mika IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Nahumu IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Habakuki IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Sofoniya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Hagayi IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Zakariya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Malakiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Tobi IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Yudita IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Esitera IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya mbere cy’Abamakabe I. UMUCO W’ABAGEREKI UKWIRA MU BIHUGU BYOSE
  • Igitabo cya kabiri cy’Abamakabe IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Ubuhanga I. UBUHANGA MU MIBEREHO YA MUNTU
  • Mwene Siraki IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Baruki IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Matayo IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Mariko IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Luka IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibyakozwe n’Intumwa IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyaroma
  • Ibaruwa ya mbere Pawulo intumwa yandikiye Abanyakorinti IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye Abanyakorinti IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyagalati IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyefezi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyafilipi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyakolosi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere Pawulo intumwa yandikiye Abanyatesaloniki IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye Abanyatesaloniki IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere Pawulo intumwa yandikiye Timote IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye Timote IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Tito IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Filemoni IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa yandikiwe Abahebureyi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya Yakobo IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere ya Petero IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri ya Petero IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere ya Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri ya Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya gatatu ya Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya Yuda IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Ibyahishuriwe Yohani intumwa IJAMBO RY’IBANZE


10

Amoko yose y’abantu bo ku isi10.0 Amoko yose y’abantu: mu by’ukuri, Bibiliya iturondorera gusa amazina y’amoko yari azwi n’Abayisraheli muri icyo gihe. Kuvuga ko abantu bose bakomoka kuri Nowa, ni ukutwumvisha ko bose bahuriye kuri kamere imwe, bakagomba kuba umwe.

1Dore urubyaro rwa bene Nowa, ari bo Semu, Kamu na Yafeti. Umwuzure ushize babyaye abahungu:

2Bene Yafeti ni Gomeri, Magogi, Madayi, Yavani, Tubali, Mesheki na Tirasi. 3Bene Gomeri ni Ashikenazi, Rifati na Togarima. 4Bene Yavani ni Elisha, Tarishishi, Kitimu na Rodanimu. 5Guhera kuri bo amahanga yatangiye kwigabanya ibirwa. Buri wese agahabwa igihugu cye, ukurikije ururimi rwe, n’ihanga rye, n’ubwoko bwe.

6Bene Kamu ni Kushi, Misiri, Puti na Kanahani. 7Bene Kushi ni Seba, Havila, Sabuta, Rahema, Sabuteka. Bene Rahema ni Sheba na Dedani.

8Kushi yabyaye Nemurodi, ari we ntwari ya mbere ku isi. 9Aba umuhigi ukomeye imbere y’Uhoraho. Ni cyo gituma baca uyu mugani ngo: kuba umuhigi w’intwari imbere y’Uhoraho aka Nemurodi. 10Imirwa mikuru ku ngoma ye, ni Babeli, Ereki na Akadi, mu gihugu cya Shineyari. 11Yavuye muri icyo gihugu ajya mu cya Ashuru, yubaka Ninivi, Rehoboti na Kalahi. 12Hanyuma yubaka Reseni, wa murwa munini uri hagati ya Ninivi na Kalahi.

13Misiri yabyaye Abaludi, Abanamu, Abalehavu, Abanafutuwa, 14Abapaturusi, Abakasiluwa ari bo Abafilisiti bakomokaho, n’Abakafutori.

15Kanahani yabyaye Sidoni imfura ye, abyara na Heti. 16Abyara Umuyebuzi, Umuhemori, Umugirigashi, 17Umuhivi, Umwaruki, Umusini, 18Umwaruvadi, Umusemari n’Umuhamati. Hanyuma imiryango ya bene Kanahani iratatana. 19Imbibi za Kanahani zatangiriraga kuri Sidoni werekeza i Gaza no mu cyerekezo cya Sodoma na Gomora, Adama na Seboyimu, kugeza i Lesha.

20Ngurwo urubyaro rwa Kamu, ukurikije imiryango n’indimi byabo, uko bariho mu bihugu byabo no mu mahanga yabo.

21Semu mukuru wa Yafeti, na we yarabyaye, aba sekuruza wa bene Eberi bose.

22Bene Semu ni Elamu, Ashuru, Arupagishadi, Ludi na Aramu. 23Bene Aramu ni Husi, Huli, Geteri na Mashi.

24Arupagishadi yabyaye Shelaki, Shelaki abyara Eberi. 25Eberi yabyaye abahungu babiri: uwa mbere bamwise Pelegi (ari byo kuvuga igabanya) kuko mu gihe cye isi yagabanyijwemo imigabane; yari afite murumuna we akitwa Yokitani. 26Yokitani yabyaye Alimodadi, Shelefi, Hasarimaweti, Yeraki, 27Hadoramu, Huza, Dikila, 28Obali, Abimayeli, Saba, 29Ofiri, Havila na Yobabu. Abo bose ni bene Yokitani; 30aho bari batuye ni mu misozi y’iburasirazuba uturutse i Mesha werekeza i Sefari.

31Abo rero ni bo bene Semu, uko bari bameze mu miryango yabo, no mu ndimi zabo bavugaga, no mu bihugu bari batuyemo, ukurikije amahanga yabo. 32Ngiyo imiryango ya bene Nowa, ukurikije imbyaro zabo n’amahanga yabo. Amahanga yose ari ku isi, nyuma y’umwuzure, ni bo yakomotseho.

All rights are reserved to the Biblesociety of Rwanda