Bible Reader

  • Igitabo cy’Intangiriro AMATEKA YA KERA NA KARE
  • Igitabo cy’Iyimukamisiri IMANA YIMURA ABAYISRAHELI MU GIHUGU CYA MISIRI
  • Igitabo cy’Abalevi IMIHANGO Y’IBITAMBO
  • Igitabo cy’Ibarura IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Ivugururamategeko IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Yozuwe IJAMBO RY’ IBANZE
  • Igitabo cy’Abacamanza IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Ruta IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya mbere cya Samweli IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya kabiri cya Samweli IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya mbere cy’Abami IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya kabiri cy’Abami
  • Ibitabo by’Amateka — Ezira — Nehemiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya kabiri cy’Amateka IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Ezira IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Nehemiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibitabo by’ibisigo n’iby’Ubuhanga IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Zaburi IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Imigani IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Umubwiriza IJAMBO RY’IBANZE
  • Indirimbo Ihebuje IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Izayi IGICE CYA MBERE
  • Umuhanuzi Yeremiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Amaganya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Ezekiyeli IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Hozeya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Yoweli IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Amosi IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Obadiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Yonasi IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Mika IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Nahumu IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Habakuki IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Sofoniya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Hagayi IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Zakariya IJAMBO RY’IBANZE
  • Umuhanuzi Malakiya IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Tobi IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Yudita IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Esitera IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya mbere cy’Abamakabe I. UMUCO W’ABAGEREKI UKWIRA MU BIHUGU BYOSE
  • Igitabo cya kabiri cy’Abamakabe IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Ubuhanga I. UBUHANGA MU MIBEREHO YA MUNTU
  • Mwene Siraki IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cya Baruki IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Matayo IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Mariko IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Luka IJAMBO RY’IBANZE
  • Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibyakozwe n’Intumwa IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyaroma
  • Ibaruwa ya mbere Pawulo intumwa yandikiye Abanyakorinti IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye Abanyakorinti IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyagalati IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyefezi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyafilipi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyakolosi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere Pawulo intumwa yandikiye Abanyatesaloniki IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye Abanyatesaloniki IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere Pawulo intumwa yandikiye Timote IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye Timote IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Tito IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Filemoni IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa yandikiwe Abahebureyi IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya Yakobo IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere ya Petero IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri ya Petero IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya mbere ya Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya kabiri ya Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya gatatu ya Yohani IJAMBO RY’IBANZE
  • Ibaruwa ya Yuda IJAMBO RY’IBANZE
  • Igitabo cy’Ibyahishuriwe Yohani intumwa IJAMBO RY’IBANZE


2

Umwanya wa buri muryango mu ngando

1Uhoraho abwira Musa na Aroni, ati 2«Buri Muyisraheli azagandike mu mutwe w’ingabo we, hafi y’ibendera ry’inzu akomokamo. Abayisraheli kandi bazagandika berekeye ihema ry’ibonaniro, ariko boye kuryegera cyane.

3Abazagandika imbere y’abandi iburasirazuba, ni imitwe y’ingabo zo mu ngando ya Yuda. Umutware wa bene Yuda ni Nashoni mwene Aminadabu; 4umutwe w’ingabo ze ukabamo abagabo 74,600. 5Abazashinga ingando iruhande rwe, ni umuryango wa Isakari hamwe n’uwa Zabuloni. Umutware wa bene Isakari ni Netaneli mwene Shuwari, 6kandi umutwe w’ingabo ze ukabamo abagabo 54,400. 7Umutware wa bene Zabuloni ni Eliyabu mwene Heloni, 8kandi umutwe w’ingabo ze ukabamo abagabo 57,400. 9Abantu bari muri iyo mitwe y’ingabo uko ari itatu yo mu ngando ya Yuda, bose hamwe ni 186,400. Abo rero ni bo bazafata iya mbere mu rugendo.

10Imitwe y’ingabo yo mu ngando ya Rubeni izaherera mu majyepfo. Umutware wa bene Rubeni ni Elishuri mwene Shedewuri, 11kandi umutwe w’ingabo ze ukabamo abagabo 46,500. 12Abazashinga ingando iruhande rwe ni umuryango wa Simewoni hamwe n’uwa Gadi. Umutware wa bene Simewoni ni Shelumiyeli mwene Shurishadayi, 13kandi umutwe w’ingabo ze ukabamo abagabo 59,300. 14Umutware wa bene Gadi ni Eliyasafu mwene Rewuyeli, 15kandi umutwe w’ingabo ze ukabamo abagabo 45,650. 16Abantu bari muri iyo mitwe y’ingabo uko ari itatu yo mu ngando ya Rubeni, bose hamwe ni 151,450. Abo rero ni bo bazajya bahaguruka aba kabiri.

17Nyuma hazagenda ihema ry’ibonaniro rikurikirwe n’inteko y’Abalevi izaba iri hagati y’izindi nteko. Muzagende mukurikije uko muri mu ngando, buri wese mu mwanya we, inteko imwe inyuma y’indi.

18Imitwe y’ingabo yo mu ngando ya Efurayimu izaherera mu burengerazuba. Umutware wa bene Efurayimu ni Elishama mwene Amihudi, 19kandi umutwe w’ingabo ze ukabamo abagabo 40,500. 20Abazashinga ingando iruhande rwe, ni umuryango wa Manase hamwe n’uwa Benyamini. Umutware wa bene Manase ni Gamaliyeli mwene Pedashuri, 21kandi umutwe w’ingabo ze ukabamo abagabo 32,200. 22Umutware wa bene Benyamini ni Avidani mwene Gidewoni, 23kandi umutwe w’ingabo ze ukabamo abagabo 35,400. 24Abantu bari muri iyo mitwe y’ingabo uko ari itatu yo mu ngando ya Efurayimu, bose hamwe ni 108.100. Abo ni bo bazajya bahaguruka aba gatatu.

25Imitwe y’ingabo yo mu ngando ya Dani, izaherera mu majyaruguru. Umutware wa bene Dani ni Ahiyezeri mwene Amishadayi, 26kandi umutwe w’ingabo ze ukabamo abagabo 62,700. 27Abazashinga ingando iruhande rwe ni umuryango wa Asheri hamwe n’uwa Nefutali. Umutware wa bene Asheri ni Pagiyeli mwene Okrani, 28kandi umutwe w’ingabo ze ukabamo abagabo 41,500. 29Umutware wa bene Nefutali ni Ahira mwene Eyinani, 30kandi umutwe w’ingabo ze ukabamo abagabo 53,400. 31Abantu bari muri iyo ngando ya Dani ni 157,600. Bazajya bahaguruka aba nyuma, buri mutwe w’ingabo inyuma y’uwundi.

32Ngabo rero abana ba Israheli uko babaruriwe mu mazu yabo; umubare rusange w’ingabo zose zabaruriwe mu ngando no mu mitwe yazo ni 603.550. 33Cyakora Abalevi, nk’uko Uhoraho yari yabitegetse Musa, ntibashyizwe muri iryo barurwa ry’Abayisraheli. 34Ibyo, Abayisraheli barabyubahirije, bakurikiza ugushaka kw’Uhoraho, ari mu guca ingando, ari no mu guhaguruka, buri wese akurikije umuryango we n’inzu akomokamo.

All rights are reserved to the Biblesociety of Rwanda